ITANGAZO  RYIBYEMEZO BY'INAMA Y'ABAMINISITIRI  YO KU ITARIKI  YA 02 KANAMA   2006


 

None kuwa gatatu tariki ya 02 Kanama 2006, Inama y'Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul KAGAME.

Imaze kwemeza gahunda y'inama, Inama y'Abaminisitiri yafashe ibyemezo bikurikira :

1.  Inama y'Abaminisitiri yemeje ibyemezo by'Inama y'Abaminisitiri byo ku itariki ya 26/07/2006 imaze kubikorera ubugorangingo.

2.  Inama y'Abaminisitiri yemeje ibikorwa by'ingenzi bizibandwaho (Budget Framework /Cadre Budgétaire) mu ngengo y'imari ya Leta ya 2007;

3.  Inama y'Abaminisitiri yemeje ko i nganda z'umuceri za Rwamagana na Gikonko zegurirwa Sosiyete ya IMC AUSTRALIA izagira 60%, n'aho amashyirahamwe y'abahinzi b'umuceri bakagira 40%.

4.  Inama y'Abaminisitiri yemeje ko uruganda rw'umuceri rwa Bugarama rwegurirwa amashyirahamwe y'abahinzi b'umuceri bimbuye muri Koperative yo kongera umusaruro w'umuceri mu cyanya cya Bugarama (CPRB).

5.  Inama y'Abaminisitiri yemeje ko isosiyete ICM Australia yegurirwa igikorwa cyo guhinga umuceri muri perimetere ya 8 n'iya 10 mu Karere ka Nyagatare. Yemeje kandi ko hafatwa ingamba z'uko icyo gikorwa cyo guhinga umuceri kibangikana n'ubworozi bubera muri ako gace.

  6.   Inama y'Abaminisitiri yemeje ko Task Force ya Horticulture yongererwa igihe cyo gukora kingana n'amezi 6

 7.  Inama y'Abaminisitiri yashyize mu myanya Abayobozi ku buryo bukurikira :

-  Uwahoze ari Komiseri Mukuru wa Polisi y'Igihugu, MUGAMBAGE Frank, yagizwe Umunyamabanga Wihariye wa Nyakubahwa Perezida wa Repubulika/ Principal Private Secretary (PPS).

-  Brig. Gen. KAZURA J.Bosco, yagizwe Umujyanama Mukuru wa Nyakubawa Perezida wa Repubulika, mu bya Gisirikare n'Umutekano.

-  Bwana MUSABYIMANA Norman, yagizwe Umunyama-banga Wihariye wa Minisitiri w'Abakozi ba Leta n'Umurimo.

-  Madamu MUTIMUKWE Chantal, yagizwe Umuyobozi ushinzwe ICT muri PRIMATURE.

-  Bwana GASHEMEZA Fred, yagizwe Umuyobozi ushinzwe ICT mu Rukiko rw'Ikirenga.

-  Bwana KUBANYA André, Umuyobozi ushinzwe Imari n'Imicungire y'Abakozi muri MINALOC.

8.  Inama y'Abaminisitiri yemeje ko Bwana João de Sousa Lorvã ahagararira igihugu cye cya Portugal mu Rwanda nka Ambasaderi ufite icyicaro i Nairobi .

9.  Inama y'Abaminisitiri yemeje ko Isosiyete Rwanda Mountain Tea yegurirwa 90% by'imigabane mu nganda z'icyayi za Nyabihu na Rubaya, 10% rigahabwa abahinzi b'icyayi.

10. Inama y'Abaminisitiri yemeje ko Isosiyete New Artel ihagararira inyungu z'u Rwanda mu mushinga w'itumanaho wa East African Sub Marine System (EASSy).

11. Mu bindi :

-  Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi ushinzwe Ubuhinzi yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri ko umusaruro wo muri “ saison B ” wabaye mwiza.

-  Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu, Imiyoborere Myiza, Amajyambere Rusange n'Imibereho Myiza y'Abaturage, yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri ko :

•  ku itariki ya 19/08/2006 hari amatora ku rwego rw'Imidugudu ;

•  ku itariki ya 22/08/2006 hari amatora y'abunzi;

•  ku itariki ya 29/09/2006 hari amatora y'Abadepite bahagarariye abagore basimbura abandi.

-  Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri ko hazabaho urufaya rw'urumuri/ Feux d'artifice/Fireworks mu itangira no mu isozwa rya FESPAD.

-  Minisitiri w'Ubutabera yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri ko mu Gushyingo 2006 i Kigali hazaba inama y'Abaminisitiri b'ubutabera b'Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe.

-  Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane ushinzwe Ubutwererane yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri ko hashyizweho Akanama gahuriweho n'u Rwanda na Tanzaniya kaziga uko ibibazo by'abanyarwanda birukanwa muri Tanzaniya bizakemuka.

-  Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo ushinzwe Ingufu n'Itumanaho yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri ko ku itariki ya 29/08/2006 i Kigali , Abaminisitiri bo mu bihugu bigize EASSy bazahurira mu nama yo gusinya amasezerano yo gutangiza uwo muryango.

 

Kigali, kuwa 02/08/2006

Minisitiri muri Primature ushinzwe Itangazamakuru

Prof. NKUSI Laurent.