None ku wa kane tariki ya 02 Nzeri 2004,
Inama idasanzwe y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro,
iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika: Paul
KAGAME.
Imaze
kwemeza ibyari ku murongo w'ibyigwa, Inama y'Abaminisitiri yafashe
ibyemezo bikurikira:
1.
Inama y’Abaminisitiri yemeje imyanzuro y’ibyemezo by’Inama
y’Abaminisitiri yo ku itariki ya 30/07/2004, imaze kuyikorera
ubugororangingo.
2.
Inama y’Abaminisitiri yemeje amasezerano
hagati ya Guverinoma y’u Rwanda na Kaminuza ya Minnesota yo muri Leta
Zunze Ubumwe z’Amerika. Ayo masezerano areba ubuvuzi no kurwanya
SIDA.
3.
Inama y’Abaminisitiri yemeje politiki igamije guteza imbere
ibikorwa
byo kohereza ibicuruzwa mu mahanga (Rwanda’s Export Promotion Policy).
Yanaboneyeho kuvugurura ikigo cya RIPA kizagira ubuyobozi bubiri
bwungirije, bumwe bushinzwe ishoramari, ubundi bushinzwe kohereza
ibicuruzwa mu mahanga. Kubera
izo mpamvu, inyito nshya ya RIPA ni RIEPA (Rwanda Investment and
Export Promotion Agency).
4.
Inama y’Abaminisitiri yemeje politiki, n’ingamba
by’itangazamakuru mu Rwanda.
5.
Inama y’Abaminisitiri yemeje ko inzu yahoze ari State House i
Kanombe ihinduka ishami ry’ingoro y’umurage w’u
Rwanda.
6.
Inama y’Abaminisitiri yemeje amasezerano y’inguzanyo hagati y’u
Rwanda na Fonds Saoudien/Saudi Funds) agamije kuvugurura, kwagura no
kugurira ibikoresho ibitaro byitiriwe Umwami
Fayçal.
7.
Inama y’Abaminisitiri yemeje inoti nshya, iy’amafaranga 1000
n’iy’amafaranga 500.
8.
Inama y’Abaminisitiri yemeje ko Michael Roux ahagararira
inyungu z’u Rwanda mu gihugu cye cya Australia nka «Consul
Honoraire».
9.
Ibindi.
Nyakubahwa
Perezida wa Repubulika yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri iby’urugendo
rwe mu gihugu cya Australia. Urwo rugendo rwabaye ingirakamaro mu
rwego rwo gushakira u Rwanda ubufatanye mu nzego zinyuranye. Yasabye
Abaminisitiri, buri wese mu bijyanye n’ibyo ashinzwe kuzakurikirana
ibyavuye mu mishyikirano yagiranye n’abahagarariye inzego zitandukanye
z’icyo gihugu.