ITANGAZO  RYIBYEMEZO BY'INAMA Y'ABAMINISITIRI  YO KU ITARIKI  YA 09 GICURASI    2007


 

None kuwa gatatu tariki ya 09 Gicurasi 2007, Inama y'Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika : Paul KAGAME.

Imaze kwemeza gahunda y'inama, Inama y'Abaminisitiri yafashe ibyemezo bikurikira:

 1.  Inama y'Abaminisitiri yemeje imyanzuro y'Inama y'Abaminisitiri yo ku itariki ya 25/04/2007, imaze kuyikorera ubugororangingo.

2.  Inama y'Abaminisitiri yemeje ishyirwaho rya Petrol Management Special Unit muri MINICOM.

3. Inama y'Abaminisitiri yagejejweho ” Progress report” ku mushinga wo gushyiraho Sosiyete yitwa GASABO 3D DESIGN Limited.

4.  Inama y'Abaminisitiri yemeje Umushinga w'Itegeko rigena imikoreshereze y'ingingo z'umubiri w'umuntu mu by'ubuvuzi, inyigisho n'ubushakashatsi ;

5. Inama y'Abaminisitiri yemeje Cabinet Paper ku nshingano, imiterere n'imikorere y'urwego rw'Igihugu rushinzwe gutegura imikino Nyafurika y'Abatarengeje imyaka 20 (UNDER 20 African Cup of Nations/ U 20 Rwanda 2009).

6. Inama y'Abaminisitiri yemeje Umushinga w'itegeko ryemerera kwemeza burundu amasezerano y'inguzanyo yashyiriweho umukono i Vienna muri Autriche kuwa 7 Nzeri 2006, hagati ya Repubulika y'u Rwanda , n'Ikigega cy'ibihugu bicukura bikanacuruza peteroli gitsura amajyambere mpuzamahanga (OFID) yerekeranye n'inguzanyo ingana na 4.100.000$ agenewe kugabanyiriza umwenda igihugu cy'u Rwanda .

7. Inama y'Abaminisitiri yemeje Indemnités/Allowances zihabwa abagize Inama z'Ubutegetsi za NTB na BNR.

8. Inama y'Abaminisitiri yashyize mu myanya abayobozi ku buryo bukurikira :

a) Abanyamabanga bihariye :

Bwana BITSINDINKUMI Innocent , Umunyamabanga wihariye wa Visi Perezida w'Umutwe w'Abadepite

Bwana SEBUDANDI Baguma Patrick, Umunyamabanga wihariye w'Umuyobozi w'Ibiro bya Nyakubahwa Perezida Repubulika

  b) Muri MIFOTRA:

Bwana NTAGUNGIRA Alexis : Umuyobozi wa Unit ya Internal Resource Management.

c)  Muri MINITERE:

Bwana SAFARI Patrick : Umuyobozi wa Unit ya Planning and Capacity Development.

d) Mu rwego rw'Igihugu Rushinzwe Inkiko Gacaca :

HAPPY Grace : Umuyobozi wa Unit y'imicungire no guhuza abakozi;

BIKESHA Denis : Umuyobozi wa Unit y'ubukangurambaga n'amahugurwa;

DUSINGIZIMANA Gratien : Umuyobozi wa Unit y'amategeko.

e) Muri Regional Integration Committee (RIC) :

  SEBAHIZI Prudence : Umunyamabanga Nshingwabikorwa;

NSHUNGUYINKA John : Umuyobozi

-  Mu Rukiko rw'Ikirenga :

Bwana KAYIGIRE François : umuyobozi ushinzwe igenamigambi

Bwana RUKUNDO G.William : umuyobozi ushinzwe abakozi, ibikoresho n'umutungo

- Muri Polisi y'Igihugu Madamu MUPENZI Fesi Jacqueline : Umuyobozi ushinzwe Imari

-  Muri RITA : NYIRISHEMA Patrick : Deputy Executive Director

Muri RIEPA : GATARE Francis : Umuyobozi Mukuru

Muri CEPGL :

NSANZURWANDA Epimaque : Director in charge of Peace in security, Democracy and Good Governance

MUTSINZI Jean Pierre : Director in charge of Energy, Infrastructure and Communication

-  Itsinda / Task Force rishinzwe itangizwa rya National Work Force Authority

- KARAKE MUTSINZI Charles

-  Bamwe mu bagize Inama z'Ubutegetsi / Boards of Directors

RURA : MUKASINE Marie Claire, perezida

- CIMERWA : BIZIMANA Pascal na MURENZI Félicien

- HIDA  : NKUSI David

9. Mu bindi :

-  Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri ko urugendo avuyemo muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika mu rwego rwa Tribbeca Film Festival, rwagenze neza.

-  Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri umushinga wo kubaka « Transit Center » izacumbikira imfungwa za Arusha zizaba ziri muri Gereza ya Mpanga ariko zikaburanira i Kigali.

-  Minisitiri muri PRIMATURE ushinzwe Iterambere ry'Umuryango n'Iry'Uburinganire yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri ko ku itariki ya 15 Gicurasi 2007 ari umunsi mpuzamahanga w'Umuryango.

-  Minisitiri w'Ubutaka, Ibidukikije, Amashyamba, Amazi na Mine yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri ko ku matariki 04-06 Kamena 2007 i Kigali hazabera Inama y'Abanyamakuru mu byo kurengera Ibidukikije bazaturuka muri Afurika y'Iburasirazuba na Afurika yo Hagati “International Conference for East and Central African Journalists on Sharing Environmental Information to Tackle Key Regional Challenge of Africa “.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri gahunda y'Inama zizemeza amasezerano (Treaty) yo kwinjira k'u Rwanda muri East African Community. Ayo masezerano azashyirwaho umukono ku itariki ya 18 Kamena 2007.

.

 

Kigali, kuwa09/05/2007

Minisitiri muri Primature ushinzwe Itangazamakuru

Prof. NKUSI Laurent.