ITANGAZO  RYIBYEMEZO BY'INAMA Y'ABAMINISITIRI  YO KU ITARIKI  YA 12 MUTARAMA   2005


 

 

 

None kuwa gatatu tariki ya 12 Mutarama 2005, Inama y’Abaminisitiri  yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika: Paul KAGAME.

 

Imaze kwemeza gahunda y’inama, Inama y'Abaminisitiri yafashe ibyemezo bikurikira:

 

1.       Inama y’Abaminisitiri yemeje ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku itariki ya 20/12/2004, imaze kubikorera ubugororangingo.

 

2.       Inama y’Abaminisitiri yemeje politiki y’ubwisungane mu kwivuza mu Rwanda.

 

3.       Inama y’Abaminisitiri yemeje ibikorwa by’ingenzi bizaherwaho mu gushyira mu bikorwa politiki y’ubuhinzi n’ubworozi:

 

          Ibyo bikorwa biri mu matsinda ajyanye na:

 

-          Ubuhinzi;

 -          Ubworozi;

                                                       -          Gufata neza ubutaka no gukoresha amazi neza

                                -          Iyamamaza ry’ikoranabuhanga;

                      -          Guteganyiriza ibihe bibi.

 

4.       Inama y’Abaminisitiri yemeje:

 

-    iteka rya Perezida rishyiraho Inama y’Igihugu y’Umurimo;

 

-    iteka rya Minisitiri rigena uburyo abahagarariye abakozi batorwa n'uko bakora umurimo wabo;

 

-    iteka rya Minisitiri rigena igihe ntarengwa cy'amahugurwa ahemberwa.

 

5.       Inama y’Abaminisitiri yemeje ko Madamu MAARIT HIRVONEN ahagararira Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye Ryita ku biribwa ku Isi (PAM/WFP) mu Rwanda.

 

6.       Inama y’Abaminisitiri yemeje ko Umunsi Mukuru w’Intwari, uba ku itariki ya mbere Gashyantare buri mwaka, uzizihirizwa mu Murwa Mukuru i Kigali. Insanganyamatsiko ni: « Dukomeze imihigo y’ubutwari turwanya ingengabitekerezo ya jenoside »

 

7.       Inama y’Abaminisitiri yemeje ko :

 

- Brig.Gen. RWIGAMBA Andrew aba Komiseri Mukuru wa Polisi y’Igihugu ;

 

- Lt.Colonel NDAHIRO Emmanuel aba Umunyamabanga Mukuru wa National Security Service (NSS).

 

8.       Mu bindi:

 

a) Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko Lt. Gen. KAYUMBA NYAMWASA yemerewe n’igihugu cy’Ubuhinde guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu ku rwego rwa Ambasaderi.

 

b) Minisitiri w’Urubyiruko, Umuco na Siporo yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko :

 

- hari « Film » yakozwe kuri jenoside izerekanwa mu Rwanda  yitwa « Sometime in April » ku matariki ya 22 na 23 Mutarama 2005, mbere y’uko yerekanwa ahandi ku isi.

 

- ku itariki ya 15/01/2005 hazaba irushanwa  ryo guhitamo umunyarwandakazi uzahagararira u Rwanda mw’irushanwa ry’imyambarire gakondo muri Afurika.

 

c) Minisitiri w’Abakozi ba Leta, Amahugurwa n’Umurimo yongeye kwibutsa ko porogaramu yo gukora mu ngunga imwe igomba gukomeza kuko ifite ibyiza byinshi.

 

Inama y’Abaminisitiri yamusabye kongera gusobanurira abanyarwanda akamaro kayo, ari ku gihugu ari no ku bakozi ubwabo.

 

d) Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Amashuri Abanza n’Ayisumbuye muri Minisiteri y’Uburezi, Ubumenyi, Ikoranabuhanga n’Ubushakashatsi yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko abanyeshuri 511 barangije mu Ishami ry’uburezi rya Kaminuza y’u Rwanda i Butare (UNR) n’abarangije bose mu Ishuri Nderabarezi rya Kigali (KIE), boherejwe kwigisha mu bigo by’amashuri yisumbuye byo mu Gihugu ; abo barimu bazoroherezwa mu kwishyura inguzanyo ya buruse bahawe biga.

 

Abatazajya aho boherejwe, ntibanamenyeshe impamvu, bazashyirwa ku rutonde rw’abanze gukorera Igihugu.

 

e) Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Kurwanya SIDA n’Izindi Ndwara z’Ibyorezo muri Minisiteri y’Ubuzima yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko ubushakashatsi bwakozwe muri 2003 mu bigo 24 mu Gihugu bwerekanye ko umubare w’abanduye agakoko ka SIDA uri hagati ya 4% (mu cyaro) na 11% (mu mijyi).

 

 

Kigali, ku wa 12/01/2005.

Minisitiri muri Primature ushinzwe Itangazamakuru

Prof. NKUSI Laurent.