ITANGAZO  RYIBYEMEZO BY'INAMA Y'ABAMINISITIRI  YO KU ITARIKI  YA 13 UKUBOZA    2006


 

None kuwa gatatu tariki ya 13 Ukuboza 2006, Inama y'Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika : Paul KAGAME.

Imaze kwemeza gahunda y'inama, Inama y'Abaminisitiri yafashe ibyemezo bikurikira:

1.  Inama y'Abaminisitiri yemeje ibyemezo by'Inama y'Abaminisitiri byo ku matariki ya 13/11/2006 na 24/11/2006 imaze kubikorera ubugororangingo.

2.  Inama y'Abaminisitiri yemeje Umushinga w'Itegeko ryemerera kwemeza burundu amasezerano y'impano yashyiriweho umukono i Tunis muri Tuniziya kuwa 30/10/2006, hagati y'u Rwanda n'u Burundi n'Ikigega Nyafurika Gitsura Amajyambere (African Development Fund) yerekeranye n'impano ingana na 30.200.000 UA/UC, agenewe umushinga w'umuhanda Kicukiro-Kirundo.

3. Inama y'Abaminisitiri yemeje  Umushinga w'Itegeko Ngenga rishyiraho rikanagena imitunganyirize, imikorere, n'ububasha bw'inkiko z'ubucuruzi n'indi mishinga y'amategeko iwushamikiyeho ariyo :

  -   Umushinga w'Itegeko Ngenga rihindura kandi ryuzuza itegeko ngenga n° 07/2004 ryo kuwa 25/04/2004 rigena imiterere, imikorere n'ububasha by'inkiko;

-  Umushinga w'Itegeko rihindura itegeko n° 18/2004 ryo kuwa 20/06/2004 ryerekeye imiburanishirize y'imanza z'imbonezamubano, iz'ubucuruzi, iz'umurimo n'iz'ubutegetsi;

-  Umushinga w'Itegeko Ngenga rihindura kandi ryuzuza Itegeko n°01/2004 ryo kuwa 29/01/2004 rigena imitunganyirize, imikorere n'ububasha bw'Urukiko rw'Ikirenga;

-  Umushinga w'Itegeko rihindura kandi ryuzuza Itegeko n° 06 bis/2004 ryo kuwa 14/04/2004 rigenga abacamanza n'abakozi b'inkiko.

4.  Inama y'Abaminisitiri yemeje  ko umushinga w'indangamuntu nshya ikoresha ikoranabuhanga mu itumanaho ICT ( Electronic National Identity Card) ushyirwa mu bikorwa.

5.  Inama y'Abaminisitiri yemeje  ko :

-  Bwana Chirinsky Mirgaias MIRGAIASSOVITCH ahagararira igihugu cye cy' UBURUSIYA mu RWANDA ku rwego rwa Ambasaderi.

  -  Bwana Amour Zacarias KUPELA ahagararira igihugu cye cya MOZAMBIQUE mu RWANDA nka Ambasaderi, afite icyicaro i Dar es Salaam  muri Tanzaniya.

  -   Madamu Annette NYEKAN, ahagararira ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Mpunzi (HCR) mu Rwanda .

6.  Inama y'Abaminisitiri yashyize mu myanya Abayobozi ku buryo bukurikira :

a)  Muri Perezidansi ya Repubulika:

-  Maj Gen MUGAMBAGE Frank, Umuyobozi w'Ibiro bya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika;

-  Dr. KABAIJA Ephraim, Umujyanama Mukuru wa Nyakubahwa Perezida wa Repubulika (Senior Advisor);

b) Mu Rukiko rw'Ikirenga :

-  TWAHIRWA Gervais, Umuyobozi wa « Unité de Gestion des Ressources Internes » mu Rukiko Rukuru wa Repubulika ;

-  BAZIRAKE Consolée, Umuyobozi wa « Unité de Gestion des Ressources Internes » mu Rukiko Rwisumbuye rwa Gasabo ;

-  NIYONGIRA Fidèle, Umuyobozi wa « Unité de Gestion des Ressources Internes » mu Rukiko Rwisumbuye rwa Karongi ;

-  NIYONSENGA MWIMUKA, Umuyobozi wa « Unité de Gestion des Ressources Internes » mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ;

-  NKURANGA Aimable, Umuyobozi wa « Unité de Gestion des Ressources Internes » mu Rukiko Rwisumbuye rwa Rubavu ;

-  MUSOKE Francis, Umuyobozi wa « Unité de Gestion des Ressources Internes » mu Rukiko Rwisumbuye rwa Rusizi ;

c) Muri MINAFFET :

-  RWANGA Jean Marie, Umuyobozi wa « Unité Finance et Gestion des Ressources Internes ».

d) Muri MIJESPOC :

  -   UMWIZERWA Eugénie, Umuyobozi wa « Unité Finance et Gestion des Ressources Internes ».

e) Muri MINECOFIN :

  -   MUGIRANEZA Yussuf, Umuyobozi wa « Intergouvernmental fiscal Transfers » ;

-  MUNYESHYAKA Vincent, Umuyobozi wa “Corporate Planning” ;

-  MUSAFIRI Prosper, Umuyobozi wa “Macroeconomics”;

f) Mu rwego rw'Umuvunyi :

  -   RUTAREMARA Tito, Umuvunyi Mukuru ;

-  MUKARURANGWA Immaculée, Umuvunyi Mukuru Wungirije (yongerewe mandat) ;

-  NZINDUKIYIMANA Augustin, Umuvunyi Mukuru Wungirije ;

-  MBARUBUKEYE François Xavier, Umunyamabanga Mukuru.

g) Urwego rw'Umubitsi w'impapuro mpamo z'Ubutaka/Office of the Registrar of Land Titles/Office du Conservateur des Titres Fonciers :

 

-  Umubitsi : RURANGWA Eugène ;

-  Ababitsi bungirije :

•  DUSABE Goretti ;

•  MUVARA Pothin ;

•  MUKUNZI Emmanuel ;

-  MUKAMANA Espérance ;

- MUNYANGAJU Damascène.

h) Muri RITA :

-  MUYENZI Wilson, Umuyobozi wa e- Rwanda Project ;

-  Dr. MASSI Raphael, Umuyobozi wa Computer Center.

i) Mu Ntara y'Iburengerazuba :

 - NKURAYIJA RUCOGOZA Eduard, Umunyamabanga Nshingwabikorwa.

Mu bindi

-  Minisitiri w'Uburezi yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri ko Kalendari y'amashuri y'umwaka wa 2007 yakozwe.

Igihembwe cya mbere kizatangira ku itariki ya 8 Mutarama kirangire ku itariki ya 30 Werurwe 2007.

-  Minisitiri w'Ubuzima yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri ko u Rwanda rwabonye igihembo cya « 2006 Task Force on Immunisation for African » cyo gukingira abantu.

-  Umunyamabanga wa Leta muri MININFRA ushinzwe Ingufu n'Itumanaho yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri ibimaze kugerwaho n'umushinga wa Kalisimbi mu rwego rw'itumanaho n'ikoranabuhanga.

-  Umunyamabanga wa Leta muri MINISANTE ushinzwe Kurwanya SIDA n'Izindi Ndwara z'Ibyorezo yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri ko ejo kuwa 14/12/2006 i Washington hazatangizwa umushinga w'impano yo kurwanya malariya witiriwe Perezida George W. Bush. U Rwanda ruri mu bihugu bizabona kuri iyo mpano.

-  Umunyamabanga wa Leta muri MINAFFET ushinzwe Ubutwererane yagejeje ku Nama y'Abaminisitiri inyandiko isoza inama ya 8 y'Abakuru b'Ibihugu bya East African Community, yabaye ku itariki ya 30/11/2006 muri Tanzaniya (Arusha).

 

Kigali, kuwa 13/12/2006

Minisitiri muri Primature ushinzwe Itangazamakuru

Prof. NKUSI Laurent.