ITANGAZO  RYIBYEMEZO BY'INAMA Y'ABAMINISITIRI  YO KU ITARIKI  YA 14 KAMENA    2006


 

None kuwa gatanu tariki ya 14 Kamena 2006, Inama y'Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul KAGAME.

Imaze kwemeza gahunda y'inama, Inama y'Abaminisitiri yafashe ibyemezo bikurikira :

1. Inama y'Abaminisitiri yemeje ibyemezo by'Inama y'Abaminisitiri yo ku itariki ya 09/06/2006 imaze kubikorera ubugororangingo.

2. Inama y'Abaminisitiri yemeje i mishinga y'amategeko

ikurikira :

a) Umushinga w' itegeko Ngenga rihindura kandi ryuzuza Itegeko Ngenga n° 16/2003 ryo ku wa 27/06/2003 rigenga Imitwe ya Politiki n'Abanyapolitiki ;

b) Umushinga w' Itegeko Ngenga rihindura kandi ryuzuza Itegeko Ngenga n° 17/2003 ryo kuwa 07/07/2003

rigenga itora rya Perezida wa Repubulika n'iry'Abagize Inteko Ishinga Amategeko.

3. Inama y'Abaminisitiri yemeje amateka ikurikira; ashyira mu bikorwa amategeko agena imitunganyirize n'imikorere

y'inzego z'imitegekere :

a) Iteka rya Perezida rigena inshingano n'imikorere ya Komite y'Umutekano;

b) Iteka rya Minisitiri rigena insimburamubyizi n'ibindi bigenerwa abagize Inama Njyanama igihe bateranye mu nama;

c) Iteka rya Minisitiri rigena imikorere n'imikoranire bya Biro y'Inama Njyanama na Komite Nyobozi;

d) Iteka rya Minisitiri rigena imitunganyirize n'imikorere y'Amashyirahamwe y'Uturere;

e) Iteka rya Minisitiri rishyiraho ibyicaro by'Uturere.

4. Inama y'Abaminisitiri yemeje amateka akurikira ashyira mu bikorwa Itegeko Ngenga rigena imikoreshereze n'imicungire y'ubutaka mu Rwanda :

a) Iteka rya Perezida rigena imiterere, inshingano , imikorere n'Abagize Komisiyo zishinzwe ubutaka;

b) Iteka rya Minisitiri rigena imiterere y'ibitabo bikoreshwa mu gucunga ubutaka, inshingano n'imikorere by'Ibiro by'Ubutaka muri buri Karere;

c) Iteka rya Perezida rigena imiterere, ububasha n'imikorere by'urwego rw'umubitsi w'impapuro mpamo z'ubutaka;

5. Inama y'Abaminisitiri yemeje ko u Rwanda rwinjira mu muryango mpuzamahanga ugamije gutsura imibereho y'abahinga bakanakoresha imigano na ratani ( INBAR ).

6. Inama y'Abaminisitiri yemeje iteka rya Minisitiri w'Intebe risezerera ku bushake Ofisiye muto wa Polisi y'Igihugu ( AIP Jean Jacques KALISA ) n'iteka rya Minisitiri risezerera Su-Ofisiye wa Polisi y'Igihugu kubera impamvu z'uburwayi ( CPL RUSAGARA Gilbert) .

7. Mu bindi :

a) Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri ko ku itariki ya 22/06/2006 mu Ruhango hazaba igikorwa cyo gutwika intwaro ntoya zafashwe zikoreshwa ku buryo bunyuranije n'amategeko.

b) Minisitiri w'Ubucuruzi, Inganda, Guteza Imbere Ishoramari, Ubukerarugendo n'Amakoperative yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri ko :

i) inama yagiyemo ya AGOA muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika yashimye intambwe u Rwanda rumaze kugeraho rushyiraho politiki n'amategeko biteza imbere ubucuruzi n'ishoramari.

ii) u Rwanda rwasinyanye na Leta Zunze Ubumwe z'Amerika amasezerano (MOU) ku ishoramari n'ubucuruzi (Trade and Investment Framework Agreement -TIFA).

iii) kuwa gatandatu tariki 17/06/2006 mu Kinigi hari umuhango wo kwita amazina abana b'ingagi baherutse kuvuka.

iv) ku itariki ya 01/07 ari umunsi mpuzamahanga w'amakoperative,.

c) Minisitiri w'Urubyiruko, Umuco na Siporo yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri ko :

i) kuva ku itariki ya 19 kugeza ku ya 22/06/2006 mu Rwanda hazabera inama y'abaperezida ba za “Comités Olympiques/Olympic Committies” z'ibihugu bya “Zone” ya gatanu, igizwe na : Burundi , Ethiopia , Eritrea , Egypt , Kenya , Rwanda , Sudan , Somalia , Tanzania na Uganda .

ii) kuwa 21/06/2006 ari umunsi wa muzika , uzizihirizwa mu Nzu y'Urubyiruko ( Maison des Jeunes) ku Kimisagara mu Mujyi wa Kigali .

d) Minisitiri w'Ubutaka, Ibidukikije, Amashyamba, Amazi na Mine yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri ko ku itariki ya 17 Kamena ari umunsi mpuzamahanga wo kurwanya ubutayu .

e) Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Amajyambere Rusange n'Imibereho Myiza y'Abaturage muri MINALOC yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri ko kuwa 20/06/2006 ari umunsi mpuzamahanga w'impunzi.

 

Kigali, kuwa 14/06/2006

Minisitiri muri Primature ushinzwe Itangazamakuru

Prof. NKUSI Laurent.