ITANGAZO  RYIBYEMEZO BY'INAMA Y'ABAMINISITIRI  YO KU ITARIKI  YA 17 MUTARAMA   2006


 

None kuwa kabiri tariki ya 17 Mutarama 2006, Inama y'Abaminisitiri Idasanzwe yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul KAGAME.

Imaze kwemeza gahunda y'inama, Inama y'Abaminisitiri yafashe ibyemezo bikurikira :

1.  Inama y'Abaminisitiri yemeje ibyemezo by'Inama y'Abaminisitiri byo ku itariki ya 16/12/2005, imaze kubikorera ubugororangingo.

2. Inama y'Abaminisitiri yemeje imbonerahamwe z'Inzego z'Imirimo (Organigrammes) n'Incamake y'Imyanya y'Imirimo ya za Minisiteri.

Yemeje kandi ko mu Nama y'Abaminisitiri itaha yo ku itariki ya 27/01/2006 abakozi bazashyirwa muri iyo myanya, bikazajyana n'imishahara iteganyijwe.

3. Inama y'Abaminisitiri yemeje Umushinga w'itegeko ryemerera kwemeza burundu amasezerano y'impano n° H-188-RW hagati ya Repubulika y'u Rwanda n'Ikigega Mpuzamahanga Gitsura Amajyambere (IDA) ingana na 13.900.000 DTS agenewe umushinga w'ibikorwa remezo n'icungwa ry'imijyi n'umushinga w'itegeko ryemerera kwemeza burundu amasezerano y'inguzanyo n°439 yashyiriweho umukono i Kigali kuwa 14/12/2005 hagati ya Repubulika y'u Rwanda n'Ikigega cy'Iterambere cy'Ibihugu by'Amajyaruguru y'i Burayi (Nordic Development Fund) yerekeranye n'inguzanyo ingana na miliyoni 5 z'amayero (5.000.000 EUR) agenewe umushinga w'ibikorwa remezo ry'icungwa ry'ibihe.

4. Inama y'Abaminisitiri yahaye uburenganzira Minisiteri y'Ubutaka, Ibidukikije, Amashyamba, Amazi na Mine, bwo gutegura amasezerano y'ubufatanye (Joint Venture) hagati y'abashoramari na REDEMI mu turere tw'ubucukuzi ku buryo bukurikira :

-  Tantalum Australia Operations Pty Ltd, mu mbago z'akarere k'ubucukuzi ka Bisesero-Rutsiro ;

-  Metal Processing Association (MPA) mu mbago z'akarere k'ubucukuzi ka Gatumba ;

-  Tantalite Ore Trading Company mu mbago z'akarere k'ubucukuzi ka Rutongo.

5. Inama y'Abaminisitiri yemeje ishyirwaho ry'itsinda (Task Force) rishinzwe guteza imbere ubuhinzi bw'indabo, imboga n'imbuto n'abagize akanama ngenzuramikorere y'iryo tsinda.

6. Inama y'Abaminisitiri yemeje itangizwa ry'inyigisho z'icyiciro cya kabiri mu mashuri y'ubuforomo n'ubugororangingo mu Ishuri Rikuru ry'Ubuvuzi (KHI).

7. Inama y'Abaminisitiri yemeje itangizwa ry'inyigisho z'abaforomo n'abaforomokazi mu Ishuri Rikuru ry'Ubuvuzi (KHI) bazigisha mu mashuri 5 y'Igihugu azigisha abaforomo n'abaforomokazi b'urwego rw'Icyiciro cya Mbere cy'Amashuri Makuru (A 1 ).

8. Inama y'Abaminisitiri yemeje ko Leta y'u Rwanda ishyira umukono ku masezerano izagirana n'umuryango wa Nile Basin Initiative. Uwo muryango ugamije kurwanya ubukene no guteza imbere ibihugu bituriye uruzi rwa Nil.

9. Inama y'Abaminisitiri yemeje ivugururwa ry'Utugari na gahunda y'ibikorwa bijyanye naryo.

10. Inama y'Abaminisitiri yagejejweho uko ikibazo cy'amapfa mu Turere tumwe na tumwe tw'Igihugu kimeze n'ingamba zafashwe zo kukirwanya.

11. Inama y'Abaminisitiri yemeje imishinga y'amategeko ikurikira:

-  Umushinga w'itegeko ngenga rihindura kandi ryuzuza itegeko ngenga n° 16/2004 ryo kuwa 19/06/2004 rigena imiterere, ububasha n'imikorere by'inkiko Gacaca zishinzwe gukurikirana no gucira imanza abakoze ibyaha bya jenoside n'ibindi byaha byibasiye inyokomuntu byakozwe hagati y'itariki ya mbere Ukwakira 1990 n'iya 31 Ukuboza 1994;

-  Umushinga w'itegeko ngenga rihindura kandi ryuzuza itegeko ngenga n° 17/2004 ryo kuwa 20/06/2004 rigena imiterere, ububasha n'imikorere bya Komite y'Abunzi.

12. Inama y'Abaminisitiri yemeje ko Major RUTABANA Joseph aba “Chef du Bureau Diplomatique du Rwanda /Head of Rwanda Diplomatic Office” i Kharthoum muri Sudani.

13. Mu bindi:

-  Minisitiri w'Urubyiruko, Umuco na Siporo yibukije ko ku itariki ya mbere Gashyantare 2006 ari Umunsi Mukuru w'Intwari. Anamenyesha Inama y'Abaminisitiri ko itorero ry'Igihugu rizajya mu Butaliyani mu irushanwa ry'imbyino gakondo, kuva ku itariki ya 06 kugeza kuya 11/02/2006.

-  Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Igenamigambi muri Minisiteri y'Imari n'Igenamigambi yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri ko ku matariki ya 25-27/01/2006 hari inama (workshop/séminaire atelier) yo gutangiza itegurwa ry'inama ku iterambere ry'ubukungu rigamije kurwanya ubukene (EDPRS).

-  Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Kurwanya SIDA n'izindi Ndwara z'Ibyorezo yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri ko indwara ya kolera yari yabonetse i Masaka mu Karere ka Kicukiro yakumiriwe. Inama y'Abaminisitiri ikaba ishimira abantu bose babigizemo uruhare.

-  Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Amashuri Makuru muri Minisiteri y'Uburezi, Ubumenyi, Ikoranabuhanga n'Ubushakashatsi yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri ko abari abayobozi mu nzego z'ibanze bujuje ibyangombwa kugira ngo binjire mu mashuri makuru boroherejwe kuyiyandikishamo.

 

Kigali, kuwa 17/01/2006

Minisitiri muri Primature ushinzwe Itangazamakuru

Prof. NKUSI Laurent.