ITANGAZO  RYIBYEMEZO BY'INAMA Y'ABAMINISITIRI  YO KU ITARIKI  YA 17 MUTARAMA   2007


 

None kuwa gatatu tariki ya 17 Mutarama 2007, Inama y'Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika : Paul KAGAME.

Imaze kwemeza gahunda y'inama, Inama y'Abaminisitiri yafashe ibyemezo bikurikira:

1.  Inama y'Abaminisitiri yemeje ibyemezo by'Inama y'Abaminisitiri byo ku itariki ya 13/12/2006 imaze kubikorera ubugororangingo.

2.  Inama y'Abaminisitiri yagejejweho kandi yemeza raporo ku isesengura ryakozwe na “Akagera Task Team” ku buryo politiki n'ingamba z'iterambere zitegurwa zikanashyirwa mu bikorwa ( Systems and processes for development policy making and execution/Systèmes et processus de formulation et de mise en oeuvre des politiques de développement ) ;

3.  Inama y'Abaminisitiri yemeje i mishinga y'Amategeko ikurikira :

a) Umushinga w'Itegeko ryemerera kwemeza burundu amasezerano y'impano yashyiriweho umukono i Tunis muri Tuniziya kuwa 11 Ukwakira 2006, hagati ya Repubulika y'u Rwanda n'Ikigega Nyafurika Gitsura Amajyambere (ADF) yerekeranye n'impano ingana na miliyoni cumi n'eshanu za “unités de compte/units of account” (15.000.000UC), agenewe gahunda yo gutera inkunga igenamigambi ry'urwego rw'uburezi 2006-2010 :

  b)  Umushinga w'Itegeko ryemerera kwemeza burundu amasezerano y'impano yashyiriweho umukono i Tunis muri Tuniziya kuwa 11 Ukwakira 2006, hagati ya Repubulika y'u Rwanda, n'Ikigega Nyafurika Gitsura Amajyambere (ADF) yerekeranye n'impano ingana na miliyoni icumi za “unités de compte/units of account” (10.000.000UC), agenewe umushinga wo guteza imbere Akarere ka Bugesera :

c)  Umushinga w'Itegeko ryemerera kwemeza burundu amasezerano y'impano nomero H 260-RW yashyiriweho umukono i Washington muri Amerika, ku wa 19 Ukuboza 2006, hagati ya Repubulika y'u Rwanda n'Ikigega Mpuzamahanga Gitsura Amajyambere (IDA) yerekeranye n'impano ingana na miliyoni mirongo itanu y'amadorari y'Amerika (50,000,000 USD), agenewe kunganira ingengo y‘imari ya Leta ya 2007;

4.  Inama y'Abaminisitiri yemeje iteka rya Minisitiri w'Imari n'Igenamigambi rihindura Iteka rya Minisitiri n° 002/FIN ryo ku wa 16/03/2004 riha Ikigo cy'Imisoro uburenganzira bwo gusigarana amafaranga ku misoro cyakiririye nk'ingengo y'imari yacyo isanzwe. Ayo mafaranga yari asanzwe ari 2,6%, Inama y'Abaminisitiri yemeje ko agera kuri 3,5% ariko ntarenge ateganyijwe mu ngengo y'imari y'icyo kigo.

5.  Inama y'Abaminisitiri yemeje umushinga w'Itegeko Ngenga rikuraho igihano cyo kwicwa ;

6.  Inama y'Abaminisitiri yemeje Iteka rya Minisitiri rishyiraho amategeko ngengamikorere ya Komite y'Abunzi n'agenga imyitwarire y'Abunzi;

7.  Inama y'Abaminisitiri yemeje ko habaho i fungurwa ry'agateganyo rya:

a)  Abari mu byiciro birebwa n'itangazo rya Perezidansi ya Repubulika ryo kuwa 01/01/2003

b)  Abakoze ibyaha bashobora gufungurwa by'agateganyo (libération conditionnelle), baba abasiviri cyangwa abasirikare, uretse abakoze ibyaha bikurikira:

-  Ubwicanyi

- Ubujura bukoresheje intwaro;

- Gusambanya ku ngufu;

- Kunyereza umutungo wa Leta

  8.   Inama y'Abaminisitiri yagejejweho aho imyiteguro yo k wizihiza umunsi Mukuru w'Intwari uba ku ya mbere Gashyantare buri mwaka igeze; yemeje ko uzabera i Kigali mu rwego rw'Igihugu; insanganyamatsiko ni: « Dukomeze ubutwari mu mihigo twiyemeje; turengere ubuzima, turwanye n'ubukene ».

9.  Inama y'Abaminisitiri y'Abaminisitiri yemeje amateka ya Perezida akurikira:

- Iteka rya Perezida ryemeza burundu amasezerano y'i RAMSAR yerekeye kubungabunga ahantu hahehereye hafite akamaro ku rwego Mpuzamahanga nk'uko yemerewe kwemezwa burundu n'Itegeko n° 37/2003 ryo kuwa 29/12/2003;

-  Iteka rya Perezida ryemeza burundu amasezerano mpuzamahanga y'i BONN yo kuwa 23 Kamena 1979 agamije kubungabunga inyamaswa z'agasozi zihora zimuka nk'uko yemerewe kwemezwa burundu n'Itegeko n° 35/2003 ryo kuwa 29/12/2003;

-  Iteka rya Perezida ryemeza burundu amasezerano mpuzamahanga y'i KYOTO yo kuwa 06/03/1998 ashamikiye ku masezerano mpuzamahanga yerekeye ihindagurika ry'ibihe nk'uko ryemerewe kwemezwa burundu n'Itegeko n° 36/2003 ryo kuwa 29/12/2003;

-  Iteka rya Perezida ryemeza burundu amasezerano mpuzamahanga y'i CARTAGENA yerekeye umutekano w'urusobe rw'ibinyabuzima yashyiriweho umukono i Naïrobi guhera tariki ya 15 kugeza ku ya 26 Gicurasi 2000 n'i New York guhera tariki ya 5 Kamena 2000 kugeza ku ya 4 Kamena 2001 nk'uko yemerewe kwemezwa burundu n'Itegeko n°38/2003 ryo kuwa 29/12/2003.

10. Inama y'Abaminisitiri yemeje ko :

•  Bwana Ato Terfa MENGESHA ahagararira igihugu cye cya Etiopia mu Rwanda ku rwego rw'Ambasaderi ufite icyicaro i Kampala muri Uganda ;

•  Bwana Roland HAUSER ahagararira igihugu cye cya Austria/Autriche mu Rwanda ufite icyicaro i Naïrobi muri Kenya ;

•  Madamu Luisella MORESCHI aba Konsili w'icyubahiro /Honorary Consul/Consul Honoraire w'u Rwanda muri Luxembourg.

11. Mu bindi

-  Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu yagejeje ku Nama y'Abaminisitiri ingamba nshya zo kongera umusaruro w'ubuhinzi n'ubworozi muri za gereza.

-  Minisitiri w'Abakozi ba Leta n'Umurimo yagejeje ku Nama y'Abaminisitiri gahunda y'amahugurwa agenewe Abayobozi Bakuru ba Leta ateganyijwe mu mpera za Mutarama 2007.

-  Minisitiri muri Perezidansi ushinzwe Ubumenyi, Ikoranabuhanga n'Ubushakashatsi yagejeje ku Nama y'Abaminisitiri porogaramu yo kubonera mudasobwa (computer/ordinateur) buri mwana wiga mu mashuri abanza.

-  Minisitiri w'Urubyiruko, Umuco na Siporo yegejeje ku Nama y'Abaminisitiri ko amakipi 2 y' u Rwanda, APR na ATRACO, yageze muri ½ cy'amarushanwa ya CECAFA.

-  Minisitiri muri Primature ushinzwe Itangazamakuru yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri ifungwa ry'agateganyo ry'Umuyobozi w'Ikinyamakuru Umurabyo kubera amakosa yagize yo gutanga sheki itazigamiwe, kubiba amacakubiri mu Banyarwanda kimwe no gusebanya no gutukana mu kinyamakuru cye.

-  Umunyamabanga wa Leta muri MINISANTE ushinzwe Kurwanya Sida n'Izindi Ndwara z'Ibyorezo yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri ko :

•  Amafaranga ya Saudi Fund agenewe gusana no kwagura ibitaro byitiriwe Umwami Fayçal agiye kuboneka.

•  Gahunda yo guhugura abaforomo n'abaforomokazi bo muri ibyo bitaro iri hafi gutangira.

•  Ko mu matariki ya 5-6 Gashyantare 2007 hari inama izahuza MINISANTE n'abakuru b'amadini ku bijyanye n'ubwiyongere bw'abaturage no kwirinda Sida.

-  Umunyamabanga wa Leta muri MINITERE ushinzwe Amazi na Mine yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri ko kuwa 22/02/2007 i Kigali hazizihizwa umunsi wiswe “Nile Day” ukazitabirwa n'Abaminisitiri bashinzwe amazi mu bihugu bihuriye ku ruzi rwa Nile.

 

Kigali, kuwa 17/01/2007

Minisitiri muri Primature ushinzwe Itangazamakuru

Prof. NKUSI Laurent.