None ku wa gatanu
tariki ya 17 Nzeri 2004, Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateraniye
muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika:
Paul KAGAME.
Imaze
kwemeza ibyari ku murongo w'ibyigwa, Inama y'Abaminisitiri yafashe
ibyemezo bikurikira:
1.
Inama y’Abaminisitiri yemeje imishinga y’amategeko ivugurura
itegeko n°14/98 ryo ku wa 18/12/1998 rishyiraho Ikigo cy’Igihugu
cy’Ishoramari:
- umwe werekeranye n’ishoramari (Code
des investissements/ investment code).
- undi ushyiraho Ikigo gishinzwe
ishoramari no guteza imbere ibicuruzwa byoherezwa mu
mahanga.
2.
Inama y’Abaminisitiri yemeje iteka rya Minisitiri w’Intebe
rishyiraho Perezida w’inama y’ubutegetsi y’Inama y’Igihugu Ishinzwe
Ibizamini bya Leta mu Mashuri Abanza n’Ayisumbuye ; uwo ni Prof.
KARANGWA Chrysologue.
3.
Inama y’Abaminisitiri yemeje iteka rya Minisitiri rigena igihe
ntarengwa ubuyobozi bw’Ikigega Rusange cya Leta gitsura amajyambere
y’Uturere, Imijyi n’Umujyi wa Kigali butangamo raporo y’imikoreshereze
y’umutungo.
4.
Inama y’Abaminisitiri yasuzumye raporo yakozwe na Komisiyo
y’Umutwe w’Abadepite ishinzwe gucukumbura ibyerekeye ubwicanyi
bwabereye ku Gikongoro n’ingengabitekerezo ya jenoside mu
Rwanda.
Imyanzuro ya Guverinoma kuri iyo raporo
izatangazwa vuba.
5.
Inama y’Abaminisitiri yemeje iteka rya Perezida ryemeza kandi
rihamya burundu amasezerano hagati ya Guverinoma ya Repubulika y’u
Rwanda na Guverinoma ya Repubulika y’Afurika y’Epfo ku byerekeye
ivanwaho rya viza cyangwa impushya z’urugendo ku bitwaje pasiporo
y’Abanyacyubahiro na pasiporo y’akazi.
6.
Mu bindi.
a) Minisitiri
w’Ibikorwa Remezo yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko umunsi
mpuzamahanga w’imiturire uzizihizwa ku wa mbere tariki ya 04 Ukwakira
2004; insanganyamatsiko y’uyu mwaka ni: Imijyi, moteri
y’iterambere ry’icyaro/villes, moteurs du développement rural/cities
engines of rural development..
Kuri
uwo munsi kandi mu gihugu hose hazaba umuganda wo kuvanaho umwanda
uterwa n’amashashi.
b) Minisitiri w’Ubucuruzi, Inganda,
Ishoramari, Ubukerarugendo n’Amakoperative yamenyesheje Inama
y’Abaminisitiri ko mu rwego rwo guteza imbere ibicuruzwa byoherezwa mu
mahanga, hagiye kugeragezwa umushinga wo guhinga igiti kibyara amavuta
y’umubavu (parfum/perfume), cyitwa «Patchouli».
c) Umunyamabanga wa Leta muri
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Amajyambere Rusange n’Imibereho
Myiza y’Abaturage, ushinzwe Amajyambere Rusange n’Imibereho Myiza
y’Abaturage yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko ku wa 23 Nzeri 2004
gahunda y’igihugu igamije gutanga imirimo mu bikorwa remezo
by’iterambere, PDL-HIMO, izatangira ku
mugaragaro.
Kigali,
ku wa 17/09/2004.