ITANGAZO  RYIBYEMEZO BY'INAMA Y'ABAMINISITIRI  YO KU ITARIKI  YA 23 MUTARAMA   2007


 

None kuwa kabiri tariki ya 23 M utarama 2007, Inama y'Abaminisitiri Idasanzwe yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika : Paul KAGAME.

1.  Inama y'Abaminisitiri yagejejweho kandi ishima raporo y'Urwego rw'Umugenzuzi Mukuru w'Imari ya Leta (O.A.G) y'umwaka wa 2005 yerekana imikoreshereze y'Ingengo y'Imari ya Leta.

Yashimye kandi ingamba zimaze gufatwa zigamije gukosora ibitaragenze neza harimo gutanga amabwiriza ngenderwaho, gushyiraho za “Audit Comittees”, kongera ubushobozi aho butari buri n'ibindi.

Yasabye ko abagize amakosa yo kunyereza umutungo wa Leta babihanirwa.

2.  Gushyira Abayobozi mu myanya:

•  Madamu MUKAKARANGWA Marcelline :

Umunyamabanga Mukuru muri Minisiteri y'Abakozi ba Leta n'Umurimo

•  Ambasaderi Dr. NSENGA Zaac

Umunyamabanga Mukuru muri Minisiteri y'Ingabo

•  Madamu NYIRASAFARI Espérance

Umunyamabanga Mukuru muri Minisiteri y'Ubutabera

•  Bwana Dr. NGIRABEGA Jean de Dieu

Yasimbuye Bwana GAPERI Henry mu bagize Inama y'Ubutegetsi ya CAMERWA

•  Abasabirwa kuba Ambasaderi :

•  Amb. KIMONYO James  : guhagararira u Rwanda i Washngton muri USA

•  Amb. MUNYAKAYANZA Eugène : guhagararira u Rwanda i Pretoria muri Afurika y'Epfo

•  Madamu MUKABAGWIZA Edda : guhagararira u Rwanda, Ottawa muri Canada

•  Abagize Inama y'Ubutegetsi y'Isanduku y'Ubwiteganyirize y'Abakozi ba Leta. Abo ni :

  •  MUSAFIRI Prosper, perezida

•  NZAKUNDA Joseph

•  AKAMANZI Claire

•  NDAYIZIGIYE Marthe

•  IHOGOZA Frances

•  KANYANKORE Alex

•  ITANGISHAKA Bernard

•  Dr. NDAGIJIMANA Uzziel , Umuyobozi Wungirije wa UNR/NUR ushinzwe Ubutegetsi n'Imari

3.  Mu bindi

-  Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri ko Nyakubahwa Abdullahi Yussuf Ahmed, Perezida w'Igihugu cya Somalia aza kugirira uruzinduko rw'iminsi ibiri (2) mu Rwanda.

-  Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu, Imiyoborere Myiza, Amajyambere Rusange n'Imibereho Myiza y'Abaturage yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri ko mu Karere ka Nyaruguru habaye imyuzure yangije amateme, amazu n'imyaka naho mu Karere ka Ngoma haguye urubura rukangiza amazu n'imyaka. Inama y'Abaminisitiri yasabye ko habarurwa vuba ibyangijwe kugira ngo abaturage bashobore gutabarwa.

Inama y'Abaminisitiri irongera kwibutsa Abanyarwanda ko bagomba kongera imbaraga mu bikorwa byo kurwanya isuri no gufata neza ibidukikije kugira ngo twirinde ibyago nk'ibi byabaye muri utwo Turere.

-  Minisitiri w'Ubucuruzi, Inganda, Guteza Imbere Ishoramari, Ubukerarugendo n'Amakoperative yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri ko i Kigali ku matariki ya 23/01-03/02/2007 hazabera Inama y'Impuguke z'Umuryango wa COMESA ziziga ku Masezerano y'Ubufatanye mu by'Ubukungu/ Economic Partnership Agreement.

-  Minisitiri muri PRIMATURE ushinzwe Iterambere ry'Umuryango n'Iry'Uburinganire yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri ko ku wa 05/01/2007, Nyakubahwa Jeannette KAGAME yahawe igihembo kubera ko yitangira kurwanya icyorezo cya SIDA mu rwego rw'Afurika no mu Rwanda by'umwihariko no kubera gahunda

“ FATA UMWANA WESE NK'UWAWE”.

Inama y'Abaminisitiri yishimiye icyo gihembo gihesha Igihugu cyacu ishema.

- Umunyamabanga wa Leta muri MINEDUC ushinzwe Amashuri

Abanza n'Ayisumbuye yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri ko Abarimu bo mu mashuri Abanza n'abigisha mu mashuri yisumbuye ba A2 bazabona inyongera ku mishahara yabo binyujijwe mu mafaranga ahabwa amashuri (Capitation Grant, Frais scolaires), naho Abarimu bo ku rwego rwa A1 na A0 iyo nyongera ikanyura mu buryo busanzwe bukoreshwa na Minisiteri y'Abakozi ba Leta n'Umurimo.

Kugira ngo ireme ry'uburezi rirusheho kwitabwaho, buri mwarimu azagirana imihigo n'Umuyobozi we na Perezida w'Inama y'Ababyeyi, Abayobozi b'Amashuri nabo bakagirana imihigo n'Uturere natwo tukagirana imihigo na MINEDUC.

- Umunyamabanga wa Leta muri MIFOTRA ushinzwe Umurimo yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri ko ku matariki ya 15-16/03/2007 i Kigali hazabera inama yo kurwanya imirimo mibi ikoreshwa abana.

- Umunyamabanga wa Leta muri MINISANTE ushinzwe Kurwanya SIDA n'Izindi Ndwara z'Ibyorezo yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri ko ku matariki ya 12-13/02/2007 i Kigali hazabera inama ya “Friends of the Global Fund”.

 

Kigali, kuwa 23/01/2007

Minisitiri muri Primature ushinzwe Itangazamakuru

Prof. NKUSI Laurent.