None ku wa gatatu tariki ya 27 Ukwakira
2004, Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe
na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika: Paul KAGAME.
Imaze
kwemeza gahunda y’inama, Inama y'Abaminisitiri yafashe ibyemezo
bikurikira:
1. Inama
y’Abaminisitiri yemeje ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku itariki
ya 20/10/2004, imaze kubikorera ubugororangingo.
2. Inama
y’Abaminisitiri yemeje amateka agena imiterere n’inshingano by’inzego
z’imirimo n’imbonerahamwe y’ibyavuye mu gikorwa cy’ivugurura mu
Butegetsi Bwite bwa Leta.
3.
Inama y’Abaminisitiri yemeje iteka rya Minisitiri w’Intebe
ryemerera Umushinjacyaha w’Intara ya Kigali Ngari, Bwana AGABA
Stephen, kuba ahagaritse akazi kubera impamvu ze bwite.
4.
Inama y’Abaminisitiri yemeje ko ku wa gatanu tariki ya
12/11/2004 mu Rwanda hose hazaba umunsi wo gutera
ibiti.
5.
Mu bindi:
a)
Minisitiri muri Primature ushinzwe Itangazamakuru yamenyesheje Inama
y’Abaminisitiri ko ku itariki ya 7/11/2004 ari Umunsi Nyafurika
w’Itangazamakuru.
b) Minisitiri w’Urubyiruko, Umuco
na Siporo yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko kuva ku itariki ya 31
Ukwakira kugeza ku itariki ya 30 Ugushyingo 2004 hazaba iserukiramuco
(Festival) ry’urubyiruko mu Rwanda.
c) Umunyamabanga wa Leta muri
Minisiteri y’Ubuzima, ushinzwe Kurwanya SIDA n’Izindi Ndwara
z’Ibyorezo yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko kuwa 4 tariki ya
04/11/2004 muri Hotel Intercontinental hazaba inama izahuza inzego
Nkuru za Leta n’izitegamiye kuri Leta ku Ndwara ya
SIDA.
Iyi
nama igamije kuvugurura no kongera imbaraga muri porogaramu zo
kurwanya SIDA.
d) Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri
y’Imari n’Igenamigambi, ushinzwe Igenamigambi yamenyesheje Inama
y’Abaminisitiri ko
igikorwa kijyanye no gutangiza umwaka wa 2005 wagizwe umwaka
mpuzamahanga w’inguzanyo ziciriritse, u Rwanda ruzagitangiza ku
itariki ya 12/11/2004 aho kuba ku itariki ya 02/11/2004 yari yavuzwe
mbere.
e) Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri
y’Ibikorwa Remezo, ushinzwe Ingufu n’Itumanaho yamenyesheje Inama
y’Abaminisitiri ko mu
ntangiriro z’Ugushyingo 2004 hari Abanyamakuru bazaza mu Rwanda kureba
intambwe u Rwanda rumaze kugeraho mu rwego rw’ikoranabuhanga mu
itumanaho.