ITANGAZO  RYIBYEMEZO BY'INAMA Y'ABAMINISITIRI  YO KU ITARIKI  YA 28 WERURWE    2007


 

None kuwa gatatu tariki ya 28 W erurwe 2007, Inama y'Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika : Paul KAGAME.

Imaze kwemeza gahunda y'inama, Inama y'Abaminisitiri yafashe ibyemezo bikurikira:

  1.  Inama y'Abaminisitiri yemeje imyanzuro y'Inama y'Abaminisitiri yo ku itariki ya 14/03/2007, imaze kuyikorera ubugororangingo .

2.  Inama y'Abaminisitiri yemeje :

  a)  Iteka rya Minisitiri w'Intebe rishyiraho Komite yigenga y'impuguke ishinzwe iperereza ku ihanuka ry'indege Falcon 50 yari ifite n° 9XR-NN ryo kuwa 6 Mata 1994.

b)  Iteka rya Perezida ryongerera manda abagize Komisiyo y'Igihugu yigenga ishinzwe kwegeranya ibimenyetso bigaragaza uruhare rwa Leta y'Ubufaransa muri jenoside yabaye mu Rwanda mu mwaka wa 1994 .

3.  Inama y'Abaminisitiri yemeje:

a) Umushinga w'Itegeko ryemerera kwemeza burundu amasezerano y'inguzanyo n° 739 hagati ya Repubulika y'u Rwanda n'Ikigega cya Koweti Gitsura Amajyambere y'Ubukungu mu Bihugu by'Abarabu yerekeye inguzanyo ingana na 3.000.000 DK, agenewe umushinga wo gusana no gushyira kaburimbo mu muhanda Gitarama-Mukamira

b)  Iteka rya Minisitiri w'Intebe rishyiraho Komisiyo y'Ubujurire, abayigize n'imikorere yayo ;

c)  Iteka rya Minisitiri rigena ishyirwa mu bikorwa ry'itegeko n° 16/2005 ryo kuwa 18/08/2006 ryerekeye imisoro itaziguye ku Nyungu ;

d)  Iteka rya Minisitiri rigena ishyirwa mu bikorwa ry'Itegeko n° 25/2005 ryo kuwa 04/12/2005 rigena imitunganyirize y'Isoreshwa ;

e)  Iteka rya Minisitiri rigena ishyirwa mu bikorwa ry'Itegeko n° 21/2006 ryo kuwa 28/04/2006 rigena Imikorere ya Gasutamo.

4.  Inama y'Abaminisitiri yemeje p olitiki y'igihugu yo kuboneza imirire.

5.  Inama y'Abaminisitiri yemeje :

a)  Iteka rya Minisitiri rishyira NP 03288 CPL INDANGAMIRWA Donathile mu kiruhuko cy'izabukuru;

b)  Iteka rya Minisitiri rishyira NP 01547 CPL KALIWABO Prosper mu kiruhuko cy'imburagihe kubera impamvu z'ubuzima buke.

6.  Inama y'Abaminisitiri yemeje ko Bwana Saenz de NARRETE ahagararira igihugu cye cya Espagne ku rwego rw'Ambasaderi ufite icyicaro i Dar es Salaam muri Tanzaniya.

7.  Mu bindi

a)  Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri iby'urugendo avuyemo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho yabonanye n'abayobozi b'inzego zinyuranye, mu rwego rwa politiki, mu rwego rwa “business” no mu rwego rw'ikoranabuhanga mu Itumanaho (ICT) by'umwihariko.

Bamugaragarije icyizere bafitiye igihugu cyacu, bashima intera kigezeho. Nyakubahwa Perezida wa Repubulika arasaba Abanyarwanda gukora ibishoboka byose kugira ngo twihutishe iterambere ryacu.

b)  Minisitiri w'Ubuzima yagejeje ku Nama y'Abaminisitiri aho imyiteguro (progress report) ya HIV/AIDS Implementers' Conference izabera i Kigali ku matariki ya 16-19/07/2007, igeze.

c)  Minisitiri muri Perezidansi ya Repubulika ushinzwe Ubumenyi, Ikoranabuhanga n'Ubushakashatsi yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri ko i Kigali ku matariki ya 23-26/04/2007, hazabera inama mpuzamahanga ku kamaro ko kurengera umutungo bwite mu by'ubwenge muri za Kaminuza no mu Bigo by'Ubushakashati (Subregional Colloquium on the Importance of Intellectual Property to Universities and Research Institutions).

d)  Umunyamabanga wa Leta muri MINALOC ushinzwe Amajyambere Rusange n'Imibereho Myiza y'Abaturage yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri ko i Kigali ku matariki ya 2-3/04/2007 hazabera inama yo gusuzuma ibimaze kugerwaho muri iki gihembwe cya mbere cy'umwaka wa 2007, mu mihigo ba Mayors bagiranye na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika.

e)  Umunyamabanga wa Leta muri MINAFFET ushinzwe Ubutwererane yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri ko :

- Kuva ku itariki ya 28/05/2007 kugeza ku itariki ya 1/06/2007 i Kigali hazabera inama y'Abaminisitiri bashinzwe “Regional Integration/ Integration Régionale” muri Afurika;

- Igihugu cy'Ubushinwa cyemereye u Rwanda kubaka ibitaro i Kigali , gushyiraho ikigo cyo kurwanya malariya, gushyiraho ikigo cya tekinoloji mu by'ubuhinzi no kubaka ibigo 2 by'amashuri abanza.

f)  Umunyamabanga wa Leta muri MINISANTE ushinzwe Kurwanya Sida n'Izindi Ndwara z'Ibyorezo yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri ko i Kigali ku matariki ya 21-25/05/2007 hazabera inama mpuzamahanga y'ihuriro nyafurika ry'impuguke mu by'ubuzima mu gukora insimburangingo n'inyunganirangingo.

 

Kigali, kuwa28/03/2007

Minisitiri muri Primature ushinzwe Itangazamakuru

Prof. NKUSI Laurent.