ITANGAZO  RYIBYEMEZO BY'INAMA Y'ABAMINISITIRI  YO KU ITARIKI  YA

30  UGUSHYINGO   2005


 

None kuwa gatatu tariki ya 30 Ugushyingo 2005, Inama y'Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul KAGAME.

Imaze kwemeza gahunda y'inama, Inama y'Abaminisitiri yafashe ibyemezo bikurikira :

1.  Inama y'Abaminisitiri yemeje ibyemezo by'Inama y'Abaminisitiri yo ku itariki ya 23/11/2005 imaze kubikorera ubugororangingo.

2. Inama y'Abaminisitiri yagejejweho imyiteguro y'Inama ya gatanu ihuza u Rwanda n'Abaterankunga (Fifth Annual Government of Rwanda and Development Partners Meeting) n'ingingo z'ingenzi zizaganirwaho.

3. Inama y'Abaministiri yongereye akanama gashinzwe kuvugurura amategeko y'ubucuruzi igihe cy'ukwezi kumwe guhera ku itariki ya 01/12/2005.

4. Inama y'Abaminisitiri yemeje Iteka rya Minisitiri w'Intebe rishyira mu kiruhuko cy'izabukuru, Bwana GAFIRIGI Athanase, umukozi wo muri Minisiteri y'Uburezi, Ubumenyi, Ikoranabuhanga n'Ubushakashatsi.

5. Inama y'Abaminisitiri yemeje ko umushoramari Pembe Flour Millers ari we uzagura uruganda rw'ingano rwa Byumba.

6.  Inama y'Abaminisitiri yemeje ko imigabane y'abashoramari mu isosiyete ishinzwe guteza imbere ishoramari mu Rwanda/Rwanda Enterprise Investment Company, iteye ku buryo bukurikira:

•  Belgian Investment Company for Developing Countries (BIO): 10%

-  BRD: 35 %

-  CSR: 15 %

-  BHR: 10 %

-  Marathon Corporation ( UK ): 30 %

7.  Inama y'Abaminisitiri yemeje umushinga w'Itegeko ryemerera kwemeza burundu amasezerano y'impano hagati ya Repubulika y'u Rwanda n'Ikigega Mpuzamahanga Gitsura Amajyambere (BIRD), ingana na 4.300.000 $ USD, igenewe umushinga wo kwita ku rusobe rw'ibinyabuzima bikeneye kwitabwaho by'umwihariko/integrated management of critical ecosystems project/projet de gestion intégrée.des écosystèmes fragiles.

8.  Inama y'Abaminisitiri ishingiye ku izamuka ry'igiciro cya “mazout” ku rwego mpuzamahanga no kuri “mazout” ikoreshwa n'imoteri zunganira Electrogaz muri iki gihe, yemeje ko igiciro cy'amashanyarazi kiba amafaranga y'u Rwanda 112/KW.

9. Mu bindi :

- Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri ko BCR izaturitsa “feux d'artifice/fireworks” mu mpera z'umwaka.

- Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Amajyambere Rusange n'Imibereho Myiza y'Abaturage muri MINALOC yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri ko kuwa 03/12/2005 ari umunsi mukuru w'abamugaye ku isi hose.

- Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Ingufu n'Itumanaho muri MININFRA yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri ko ku itariki ya 06/12/2005 i Kigali hari inama ya Nile Equatorial Lakes Subsidiary Action Program (NELSAP) izahuza Abaminisitiri bafite ingufu mu nshingano zabo.

 

Kigali, kuwa 30/11/2005

Minisitiri muri Primature ushinzwe Itangazamakuru

Prof. NKUSI Laurent.